Back
Umuhanda wo kwa Mutwe uvuze iki muri Tour du Rwanda?
Feb 9, 2024
Umuhanda w'ahitwa kwa Mutwe, ni umuhanda utari muremure ariko uzamuka ukaba ugizwe n’amabuye ahuza Kimisagara na Biryogo, ukaba umwe mu mihanda iryoshya Tour du Rwanda bitewe n’uko umeze.
Iyo
hategurwa irushanwa mpuzamahanga ryo kuzenguruka ibice bitandukanye by’u Rwanda
hakoreshejwe igare (Tour du Rwanda), abakunzi b’uyu mukino usanga bibaza cyane
niba umuhanda wo kwa Mutwe uzitabazwa bitewe n’ibirori biba bihari iyo
abasiganwa bari kuhazamuka.
Muri
Tour du Rwanda 2018, uyu muhanda wo kwa Mutwe washimishije abakunzi b’umukino
w’amagare kuko abasiganwa bahanyuze inshuro ebyiri ku munsi wa nyuma wa Tour du
Rwanda 2018. Uyu muhanda niko gasozi kamaze kunyurwaho inshuro nyinshi muri
Tour du Rwanda aho abakinnyi bamaze kuhanyura inshuro 9.
Inkomoko y’uyu muhanda n’imiterere yaho
Ni
umuhanda w’amabuye utari muremure ariko uzamuka ukaba ugizwe n'amabuye ahuza
Kimisaga na Biryogo. Ubusanzwe ni mu murenge wa Gitega, akagari ka Munanira mu
karere ka Nyarugenge, gusa n’umurenge wa Rwezamenyo urahagera, ni yo mpamvu
umuntu ugiye yo agira uburyo aharanga bitewe n’aho agana.
Mutwe witiriwe uyu
muhanda, yari umugabo wari uhatuye ubu utakiriho wasize izina kubera ko ari we
wakoresheje uriya muhanda, mu gihe kera habaga akayira gato azana imodoka ihaca
umuhanda bahamwitirira gutyo.
7Shares
0Comments
3Favorites
7Likes
No content at this moment.