Back
I Kigali hatangirijwe gahunda yiswe “Dusangire lunch’’ yo kugaburira abana ku ishuri
Jun 13, 2024
Minisiteri y'Uburezi ifatanyije na Mobile Money Rwanda Ltd na Koperative Umwalimu Sacco byatangije ubukangurambaga bwiswe #DusangireLunch bushishikariza ababyeyi n'abandi babyifuza gutanga umusanzu wabo muri gahunda yo gufatira ifunguro ku ishuri binyuze kuri momo cyangwa banki.
Ubu bukangurambaga bwatangirijwe muri Groupe Scolaire Kacyiru II mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Kamena 2024. Bwatangijwe mu gihe kugeza ubu uruhare rwa Leta rungana na 90% by’amafaranga yose asabwa kugira ngo umunyeshuri afatire ifunguro ku ishuri.
Bwatangijwe na Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu; Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Ltd, Chantal Kagame n’Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO, Laurence Uwambaje.
Bamwe mu banyeshuri bavuga ko kuba hari ababyeyi badatanga uruhare rwabo bibagiraho ingaruka.
Minisiteri y’Uburezi yasabye abantu bose gutera inkunga gahunda yo gufatira ifunguro ku ishuri hagamijwe no gufasha ababyeyi b’amikoro make batabasha kubona uruhare rwabo muri iyi gahunda.
Gufatira ifunguro ku ishuri ni gahunda yatangiye mu 2021. Minisiteri y’Uburezi igaragaraza ko yagize akamaro gakomeye ku myigire y’umunyeshuri kuko yagabanyije umubare w’abataga amashuri aho bavuye ku 10%, bagera kuri 4% kandi ngo iki kibazo kigomba gukemuka burundu.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi, Irere Claudette, yashimangiye ko gahunda yo gufatira ifunguro ku ishuri igomba guhabwa imbaraga ari na yo mpamvu hatangijwe ubukangurambaga.
9Shares
0Comments
8Favorites
9Likes
Say something to impress...
Loading...
Comments
Hot

No content at this moment.

Relevant people
Rwanda Broadcasting Agency
11668 Followers
All the news and stories happening
Related