Back
Bien-Aimé yageze i Kigali avuga ibigwi Bruce Melodie bafitanye indirimbo zirenze imwe
Aug 27, 2024
Bien-Aimé Baraza umwe mu banyamuziki bari bagize itsinda rya Sauti Sol ryagwije ibigwi mu Isi, yageze mu Rwanda aho aje mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo na Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie].
Kuri uyu wa 27 Kanama 2024 Bien Aime yakiriwe ku kibuga cy’indege na Bruce Melodie aho aje mu bikorwa byo gufata amashusho y’indirimbo aba bombi bafitanye.
Mu kiganiro n’itangazamakuru Bien Aime yavuze ko bombi bafitanye indirimbo irenze imwe.
Ati”Njyewe na Bruce Melodie ntabwo dufitanye indirimbo imwe dufitanye indirimbo nyinshi ahubwo n’ejo dushobora gufata umwanzuro wo gufatira indi amashusho.”
Yongeraho ati”Dufitanye indirimbo nyinshi njyewe na Bruce Melodie tumaze igihe duhanga kandi twembi turi abahanzi bafite umuhate wo gukora.”
Agaruka ku ndirimbo bombi bitegura gushyira hanze yagize ati”Ntabwo wari umwanzuro ugoye kuba twafata kugira ngo dukorane indirimbo iyi ndirimbo ni nziza kandi ndumva mfitiye amashyushyu kuyisangiza abanya Kenya n’abanyarwanda ngo ibaryohere.”
Yagarutse ku kuba mu bihe bitandukanye yaragiye yifuza kuba yakorana n’umunyarwanda akomoza ku mbogamizi yagiye agira.
Ati”Bivuze buri kimwe ntabwo nigeze ngira amahirwe yo gukorana n’umuhanzi w’umunyarwanda mbere kubera impamvu zinyuranye rimwe kubera ko narindi mu itsinda [Sauti Sol], ubundi bikagorana.”
Aha niho yahereye avuga ibigwi Bruce Melodie kandi ko yishimiye kuba barakoranye.
8Shares
0Comments
4Favorites
16Likes
Say something to impress...
Loading...
Comments
Hot

No content at this moment.

Relevant people
Inyarwanda
31580 Followers
Entertainment and People
Related