Back
Rutsiro FC yihanije Gorilla FC mu mukino ukomeye
Dec 29, 2024
Mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League 2024-2025 wabereye kuri Stade ya Kigali Pele Stadium, Rutsiro FC yitwaye neza itsinda Gorilla FC ibitego 2-1, biyifasha kugera ku mwanya wa Gatandatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Igice cya mbere cyaranzwe no kwataka ku mpande zombi, aho Rutsiro FC yagaragaje ubukaka mu busatirizi bwayo buyobowe na Habimana Yves, Mumbele Jonas Malikidogo, na Mumbele Mbusa. Nubwo bateye amashoti menshi, ubwugarizi bwa Gorilla FC bwari bwitwaye neza, cyane cyane abakinnyi nka Nsengiyumva Samuel, Rutanga Eric, n’umuzamu Ntagisanayo Serge.
Ku rundi ruhande, Gorilla nayo yakiniraga imbere y’abafana bayo, yagaragaje imbaraga mu busatirizi buyobowe na Irakoze Darcy, Karenzo Alex na Ntwali Evode, ariko ba myugariro ba Rutsiro barimo Kwizera Bahati, Mutijima Gilbert n’umuzamu Matumele Arnold bahagarara neza. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0.
Mu gice cya kabiri, Gorilla FC yafunguye amazamu ku munota wa 50, ku gitego cyatsinzwe na Karenzo Alex, nyuma yo gucenga ba myugariro ba Rutsiro FC.
Ku munota wa 57, Gorilla yahuye n’akaga  Uwimana Kevin ahabwa ikarita itukura, nyuma yo gukorera ikosa rikomeye kuri Mumbere Jonas wari uri hafi kugera mu rubuga rw’amahina. Nubwo Rutsiro yahawe kufura muri ako kanya, ntacyo yatanze.
8Shares
0Comments
9Favorites
11Likes
Say something to impress...
Loading...
Comments
Hot

No content at this moment.

Relevant people
Inyarwanda
31595 Followers
Entertainment and People
Related