Back
Dore ibyatuma amahanga yitabira Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda
May 22, 2025
Ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga uburyo bukoreshwa mu gucunga inyandiko z’agaciro, amasezerano mu by’imari yemewe n’amasezerano y’ihuzabwishyu wemejwe n’Abadepite, uzafasha u Rwanda guhiganwa ku isoko mpuzamahanga, ndetse n’abashoramari bo hirya no hino ku Isi babashe kwitabira Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda.
Minisitiri Murangwa mu kiganiro n’Abadepite
Imiterere y’uyu mushinga yasobanuwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, tariki 19 Gicurasi 2025 maze Abadepite bashima ibiwukubiyemo baranawemeza.
Ati “Mu rwego rwo kureshya abantu batandukanye bo hirya no hino ku Isi kugira ngo bitabire Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, u Rwanda rwatangiye kuvugurura politiki n’amategeko birebana n’urwo rwego, kugira ngo rubashe guhiganwa ku isoko mpuzamahanga”.
Rimwe mu mategeko byagaragaye ko akeneye kuvugururwa, Minisitiri Murangwa avuga ko ari irigena uburyo inyandiko z’agaciro zibikwa, zicungwa zikanahererekanywa.
Impamvu y’ingenzi yatumye iri tegeko rivugururwa, hibandwa ku buryo bw’umwihariko ku igenamigambi riteganyijwe ku birebana n’Isoko ry’Imari n’Imigabane, ni ukoroshya imikorerere y’ibikorwa byo gucunga inyandiko z’agaciro (CSD) no kwemerera ibindi bigo bitari Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) gukora ibyo bikorwa.
Ikindi cyari gikenewe ni ugutandukanya inshingano ya Banki Nkuru yo gushyiraho amabwiriza agenga CSD n’iyo gucunga CSD nyirizina.
8Shares
0Comments
7Favorites
15Likes
Say something to impress...
Loading...
Comments
Hot

No content at this moment.

Relevant people
KigaliToday
13559 Followers
Rwanda's Leading News Agency
Related